#NTAGIKWEudushya♥♥♥♥♥
AKABARUWA GASEZERA UMUKUNZI
Uraho neza mukunzi!
Nkwandikiye ngusezera nkuko wahoraga ubyifuza.
Ni umwanzuro ungoye gufata ariko bibaye ngombwa. Ndabizi ko ngiye gukomereka bihagije ariko birakwiye.
Nagerageje uko nshoboye ngo uzankunda ariko byaranze. Nagukunze wenyine ngo unkunde jyenyine ariko ntibyakunze, wanyicishije ifuhe.
Naragukunze ntiwankundira, naragusanze urampunga ariko iteka ukanyereka ko turi kumwe. Wamfashe uko ushaka imbere yawe, mba nk'akabwa imbere ya shebuja, ibyo uvuze nkabyumva ariko njye icyo mvuze kikaba ubusa.
Wakomeje kunzirikira ku katsi, ntiwigeze werura ngo uvuge ko unyanga cg unkunda maze mpera mu gihirahiro.
Nashinze iryinyo kurindi ndihangana ariko rimwe nkisanga narize, maze ukabifata nk'ubutesi ngo ni aya ba bucura, ahubwo iteka ukangaragaza nk'umunyamafuti ruharwa mu maso ya rubanda.
Wangize igikoresho cyawe, unkoresha ibyo ushaka, mba umucanshuro n'umucakara kuri wowe maze ndiyibagirwa.
Sinigeze nifuza ko dukundana uku, sinarinzi ko ntazagira uruvugiro iwawe. Nakomeje kwihagararaho ngo uzatuza ariko byaranze.
Naragukunze ntiwabibona, naguhaye agaciro unyima amaso, nakwirukanse inyuma uransiga, nakwegera ukanyishisha.
Ese kubabara kwanjye biragushimisha?
Nihanganye igihe kinini, ariko kwihangana kugira aho kugarukira.
Niba hari agakundo wigeze ungirira warakoze, warakoze ku mwanya muto wamboneye, nkwifurije guhirwa.
#NTAGIKW like page
#mukozachallenge